Logo
Deeply Research
Logged in as: Guest
Logout

Yabaye umushoferi wa Bisi , Yabaye Umujyanama muri Perezidansi , yabaye minisitiri, kugeza abaye Prezida , Amerika yamushyiriyeho impapuro zo kumuta muri yombi Byinshi kuri Prezida w'igihugu ufungiye mu kindi gihugu

Perezida Maduro Ufungiye Muri USA ni muntu ki?
cover
Published January 4, 2026 | Views: 63426 | Likes: 70 | Comments: 5
Perezida Maduro Ufungiye Muri USA ni muntu ki?

Umwanditsi Jean De Dieu I

Nicolas Maduro Moros yari perezida wa Repubulika ya Venezuela, kugeza kuwa 03 Mutarama 2026 ubu akaba afungiye muri Leta zunze ubumwe za Amerika aho yafatiwe mu gitero cyiswe Operation Absolute Resolve , Perezida Maduro ni umwe mu bantu kwisi banyuze mu rugendo rwa Politike rudasanzwe kuko ntiyavukiye mu muryango w’abanyepolitike, yavutse ku wa 23 Ugushyingo 1962, Avukira mu mujyi wa Caracas .

Ubuzima bwe nkumu shoferi wa Bus (Bisi)

Mbere yo kwinjira muri politiki, Maduro yakoze akazi k’ubushoferi ku modoka rusange.uku kuba umushoferi yavuze ko byatumye yumva neza ibibazo byabaturage uko bagendaga baganira mu modoka rusange bamwe binuba , bumufasha gusobanukirwa ibibazo byabo bya buri munsi. Muri icyo gihe kandi, yabaye n’umwe mu banyamuryango w’amashirahamwe y’uburenganzira bw’abakozi aho yabonaga akarengane bahura nako aba ari naho atangirira urugendo rwe rwa Politike.
Uko Yinjiye muri Politiki

Mu myaka ya 1990, Maduro yamenyanye na Hugo Chávez, wari uri kuzamuka muri politiki ya Venezuela. Yinjira mu ishyaka rya Chávez rishingiye kuri socialisme, rigamije kurwanya ubusumbane no guteza imbere imibereho y’abaturage. Ubu bufatanye bwamuhaye amahirwe yo kwinjira mu nzego za politiki ku rwego rw’igihugu.
Imirimo ya Politiki Yakoze Mbere yo Kuba Perezida

Mbere yo kuba Perezida, Nicolas Maduro yakoze imirimo ikomeye kandi itandukanye, irimo:

Kuba umuyobozi w’abakozi (trade unionist) igihe yakoraga akazi ko gutwara bisi
Kuba Depite mu Nteko Ishinga Amategeko
Kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga (2006–2013)
Kuba Vice-Perezida wa Venezuela (2012–2013)

Iyi myanya yose yamuhaye ubunararibonye bukomeye, bityo Hugo Chávez amugira umusimbura we wa politiki.
Uko Yabaye Perezida

Nyuma y’aho byangajwe ko Perezida Hugo Chávez yitabye imana azize indwara ya kanseri, Nicolás Maduro (wari Visi-Perezida icyo gihe) yahise afata inshingano zo kuyobora igihugu by’agateganyo nk’uko biteganywa n’itegeko nshinga rya Venezuela.
Nubwo Chávez yari yapfuye ku wa 5, Maduro yarahiriye kuba Perezida w’inzibacyuho imbere y’Inteko Ishinga Amategeko ku wa 8 Werurwe 2013. Ibi byateje impaka zikomeye kuko abatavuga rumwe n'ubutegetsi bavugaga ko bitari byemewe n'amategeko ko yiyamamaza ari na ko akomeza kuba Perezida w'agateganyo.

Inzibacyuho ya Maduro ntiyamaze igihe kirekire, kuko itegeko nshinga rya Venezuela rirangije ko iyo Perezida apfye, amatora agomba kuba mu minsi 30:
Amatora: Yabaye ku wa 14 Mata 2013.
Ibyavuye mu matora: Maduro yatsinze Henrique Capriles ku kinyuranyo gito cyane (Maduro yari afite 50.6%, Capriles afite 49.1%).

Manda ya Kabiri (2019–2025): "Manda y’Ibibazo"
Iyi manda niyo yashyize Venezuela mu kato k’amahanga kandi ishyira Maduro mu kaga k’amategeko.

Amatora atavuzweho rumwe: Mu matora yo muri Gicurasi 2018, Maduro yatangajwe ko yatsinze, ariko abatavuga rumwe na we n’ibihugu birenga 50 (harimo Amerika n’Uburayi) bamagana ibyavuyemo bavuga ko harimo uburiganya bukabije.

Kuva muri Mutarama 2019, Venezuela yagize abaperezida babiri mu buryo bw’izina: Maduro wari mu biro bya Perezida (Palacio de Miraflores) akaba afite igisirikare, na Juan Guaidó wari wemejwe n’amahanga nka Perezida w’agateganyo.
Muri iyi manda, Amerika yafashe ibihano bikaze ku mutungo wa Venezuela n’ubucuruzi bw’ibitoro, bituma ifaranga rya Venezuela (Bolivar) rita agaciro mu buryo buteye ubwoba, n’abaturage barenga miliyoni 7 barahunga.

2. Uburyo yafunzwe (Mutarama 2026)
Itabwa muri yombi rya Maduro ntabwo ryabaye mu buryo busanzwe bw’ubutabera, ahubwo ryabaye binyuze mu gikorwa cya gisirikare n’ubutasi cyateguwe na amerika Operation Absolute Resolve,
Amerika yari yarashyizeho impapuro zo kumuta muri yombi (Indictment) kuva mu 2020. Nyuma y’imvururu zikomeye zabaye muri Venezuela
Mu rucyerera rwo ku wa 3 Mutarama 2026, ingabo zihariye za Amerika (Special Forces) zifatanyije n’udutsinda tw’abasirikare ba Venezuela , bagabye igitero cyatunguranye mu gace Maduro yari aherereyemo (ivugwa ko yari mu nzu ikomeye irinzwe cyane hanze ya Caracas).
Nta kurasana gukomeye kwabayeho kuko abarinzi benshi ba Maduro bahise bashyira intwaro hasi bamanika amaboko . Maduro yafashwe mpiri, ahita yurizwa indege ya gisirikare ijya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ubu akaba ariho afungiye

Comments

Guest January 12, 2026 8:10 am

Uyu mugabo mbona yarazize imitungo yigihugu cye

Guest January 5, 2026 1:06 pm

Namwe mugira inkuru

Guest January 4, 2026 6:35 pm

Hahahhh

Guest January 4, 2026 2:56 pm

Ko ndeba se yari umuntu mwiza mvere byahindutse bite

Guest January 4, 2026 2:41 pm

Ubwo mushatse kuvuga ko hakurikiyeho undi mushoferi wa Taxi Duturanye

Sponsored

ad
Contact Us
Added: February 5, 2026
ad
Service, protocol, event venue booking Graphic design and branding
Added: November 5, 2025
ad
1. Event planning & coordination 2. Decoration & design 3. Catering & drinks 4. Music & entertainment 5. Photography & videography 6. Fashion & beauty 7. Traditional wedding services (Gusaba & Gukwa) 8. Car hire & transport 9. Venue bookin
Added: November 5, 2025